Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yagaragaje ko Allah yatanze urugero rw'ubuyisilamu abugereranya nk'inzira igororotse itarimo ikorosi, ariko mu mpande zayo hari inkuta ebyiri, zikaba ari amategeko ya Allah ziriho imiryango itandukanye ifunguye ikaba ari ibyo Allah yaziririje. No kuri buri muryango hariho amarido adatuma utambutse areba ibirimo imbere, no ku ntangiriro z'iyo nzira hari umuhamagazi uyobora abantu ababwira ati: Yemwe bantu! Nimukurikire inzira igororotse mwese uko mwakabaye kandi muramenye ntimukurikire utundi tuyira! N'uyu muhamagazi akaba ari igitabo cya Allah hari n'undi uhagaze mu nzira, ushatse gufungura amarido ngo anyure muri umwe muri ya miryango akamubuza amubwira ati: Uritonde, ntuwufungure, kubera ko nuwufungura urahita uwinjiramo nturi bubashe kwifata ngo ntiwinjire, uyu muhamagazi ni umutima mana buri muyisilamu afite uba umugira inama yo kutishora mu biziririjwe ."