Umar Ibun Abi Salamat (Imana imwishimire we na se), akaba yari umwana w'umwe mu bagore b'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) witwaga Umu Salamat (Imana imwishimire), icyo gihe yarererwaga ku Ntumwa y'Imana; avuga ko igihe cyo kurya yajyaga arya mu mpande zose z'isahani, maze Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) imwigisha imyifatire itatu iranga uri kurya: Uwa mbere: Kuvuga Bismillah: Ku izina rya Allah atangiye kurya. Uwa kabiri: Kurisha ukuboko kwe kw'indyo. Uwa gatatu: Kurya ahereye imbere ye akarya ibimwegereye.