Hadithi yaturutse kwa Abi Hurayrat (Imana imwishimire) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti: "Umuriro uzengurutswe n'ibikorwa by'irari, naho ijuru rizengurutswe n'ingorane n'ibigeragezo." Sahih/Authentic. - Al-Bukhari and Muslim
explain-icon

exp

Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) irasobanura ko umuriro uzengurutswe n'ibintu umuntu ararikira by'ibyaha cyangwa se kudohoka mu gukora ibyo umuntu yategetswe; Bityo uzakurikira umutima we n'ibyo urarikira azajya mu muriro; Kandi ko umuriro uzengurutswe n'ibyo umutima w'umuntu wanga, nko guhozaho gukora ibyo wategetswe, no kureka ibyo wabujijwe ukanabyihanganira; iyo uhanganye nabyo ukabirwanya uba ukwiye kwinjira mu ijuru.

explain-icon

fawaed

  • Zimwe mu mpamvu zo kugwa mu byaha n'irari ni ibibi Shitani itakira abantu ko ari byiza kugeza ubwo umutima nawo ubonye ko ari byiza maze ukabirarikira.
  • Kwitandukanya n'ibikorwa by'irari biziririjwe ni itegeko, kubera ko ari byo nzira ijya mu muriro, no kwihanganira ibiremerera umutima udakunda kubera ko ariyo nzira ijya mu ijuru.
  • Ibyiza byo guhata umutima no guharanira gukora ibikorwa bishimisha Allah, ndetse no kwihanganira ibigoye n'ibyo umutima wanga kubera ko ari byo bizengurutse ibikorwa byo kumvira Allah.
explain-icon

cats

explain-icon

more