Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yagaragaje ko Allah yayitegetse ko igihe iri gusali izajya yubama ku ngingo z'umubiri zirindwi, ari zo: Urwa mbere: Agahanga, ariko kari mu buranga hejuru y'izuru n'amaso yombi. Nuko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yerekana no ku zuru nka rumwe muri izi ngingo zirindwi zitegetswe, no gushimangira ko uwubamye agomba kwizera neza ko izuru rye ryakoze ku butaka. Urwa kabiri n'urwa gatatu: Ni ibiganza byombi. Urwa kane n'urwa gatanu: Ni amavi yombi. Urwa gatandatu n'urwa karindwi: Ni imitwe y'amano y'ibirenge byombi. Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) kandi yatubujije gupfundika imisatsi, cyangwa se kwegeranya imyambaro igihe tugiye kubama mu rwego rwo kuyirinda gukora hasi, ko ahubwo tugomba kuyireka ikagera hasi ikubamana hamwe na ziriya ngingo.